Colonel Joseph Nganzo Olikwa Tipi, umwe mu basirikare bakuru b’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yiciwe mu mirwano ikomeje guhuza ingabo za Leta n’imitwe iyirwanya mu bice bya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Uyu musirikare wari umuyobozi wungirije wa Brigade ya 12 ikorera muri Minembwe, yanabaye kandi umuyobozi wa Brigade ya 212 ya FARDC mu bihe byashize. Yaguye mu gace ka Mikenke ku wa Kabiri tariki ya 3 Werurwe 2026, ahari kubera imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta zifatanyije n’imitwe ziyishyigikiye, n’ihuriro rigizwe na Twirwaneho na AFC/M23.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko Colonel Nganzo yari ayoboye umutwe udasanzwe wa FARDC uzwi ku izina rya “Hiboux”, wari woherejwe kurwanira muri Minembwe. Bivugwa ko yaguye mu gico, aho yarashwe n’umusirikare w’umuhanga mu kurasa (mudahusha) mu gihe bari mu bikorwa bya gisirikare.
Urupfu rwe ruje mu gihe yari asanzwe yarafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ushinja bamwe mu basirikare yayoboraga kugira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya uburenganzira bwa muntu. Ibyo birego byari bifitanye isano n’ibitero byagabwe ku baturage ba Minembwe hagati ya Kamena n’Ukuboza 2021, birimo ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu n’ihohotera rikabije.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FARDC ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro ku rupfu rwa Colonel Nganzo, mu gihe imirwano muri Minembwe igikomeje gufata indi ntera hagati y’impande zihanganye.
