Abaturage n’abakurikirana ibibera mu burasirazuba bwa DR Congo bategereje kureba niba agahenge kasabwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, gatangira kubahirizwa kuva saa sita z’amanywa kuri uyu wa gatatu hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ihanganye na zo.

Nk’uko Lourenço yari yabisabye impande zombi, Leta ya Kinshasa yemeye ku mugaragaro ko izubahiriza ako gahenge.
Ku ruhande rw’ihuriro AFC/M23, umunyamabanga waryo Benjamin Mbonimpa aherutse gutangaza ko batumva neza inzira yafashwe na Angola, avuga ko bo bashyize imbere ubuhuza bwa Qatar aho kwitabira iyo gahunda.
Aka gahenge kasabwe mu gihe mu minsi ishize habaye imirwano ikomeye mu karere k’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Epfo, aho ingabo za Leta zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo n’ingabo z’u Burundi barwana n’abarwanyi ba Twirwaneho bafatanya na M23.

Leta ya Kinshasa ishinja abo barwanyi gufashwa n’ingabo z’u Rwanda, ibyo u Rwanda rwagiye ruhakana kenshi.
Mu kwezi gushize, ingabo za FARDC zatangaje ko zifite umugambi wo kwisubiza ku ngufu agace ka Minembwe Centre, kamaze umwaka gafashwe n’abarwanyi ba Twirwaneho.
Imirwano yo muri iki cyumweru kandi yavuzwe hafi ya Point-Zero, agace gafatwa nk’ingenzi mu bya gisirikare, kari ku ntera ya kilometero zisaga 100 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Uvira.
M23 yo ivuga ko itarebwa n’inama ziherutse kubera i Lomé muri Togo n’i Luanda muri Angola, kuko ngo itazitumiwemo kandi itamenyeshejwe ku mugaragaro.
Izo nama zari mu muhate w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika wari uyobowe na João Lourenço, wagennye Perezida wa Togo, Faure Gnassingbé, nk’umuhuza muri iki kibazo, anashyiraho itsinda ry’abahuza riyobowe na Olusegun Obasanjo.
Nubwo impande zihanganye zagiye zumvikana ku gahenge inshuro nyinshi mu bihe byashize, akenshi ntikubahirizwa, buri ruhande rushinja urundi kuruhonyora no gutangira imirwano.
Kugeza ubu, uburyo buzakoreshwa mu kugenzura iyubahirizwa ry’aka gahenge kasabwe na Perezida wa Angola ntiburatangazwa ku mugaragaro, bigatuma benshi bagifite impungenge ku hazaza k’umutekano muri aka karere.
Source :BBC Gahuza

