Rayon Sports yatandukanye n’umugariro wayo ,Serumogo Ally nyuma yo gushinjwa imikinire mibi yagize uruhare mu gutsindwa kwayo ibitego 4-0 na Al Hilal.
Ibi byabaye nyuma y’umukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki ya 17 Mutarama 2026, mu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda. Ni umukino Rayon Sports yari yasabwaga kwitwaramo neza kugira ngo igarurire icyizere abafana bayo, ariko birangira yongera kuyoyoka itsindwa ibitego bine ku busa.
Mu bakinnyi bashinjwe umusaruro mubi muri uyu mukino harimo Serumogo Ally, wari n’umugaba w’ikipe, aho yasimbuwe ku munota wa 64 hajyamo Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Kabange.
Icyo gihe abafana ba Rayon Sports batangiye kuririmba izina rya Kabange, bagaragaza ko batishimiye imikinire ya Serumogo, by’umwihariko kubera uko yagorwaga na Girumugisha Jean Claude watsinze ibitego bibiri muri uwo mukino.
Nyuma y’umukino, Rayon Sports yasohoye itangazo rishimira Serumogo Ally ku ruhare rwe muri iyi kipe mu myaka ibiri n’igice ayimazemo, byemeza ko impande zombi zatandukanye ku bwumvikane.
Serumogo yageze muri Rayon Sports mu 2023 avuye muri Kiyovu Sports, aho yari yitezweho gufasha ubusatirizi bw’inyuma bwa Gikundiro. Nubwo mu mwaka ushize yari yongereye amasezerano, ntiyabashije gukomeza kugaragaza urwego ruri hejuru mu mikino iheruka.
Ubwo yasimburwaga muri uwo mukino, Serumogo yabanje gupfukama ashinga umutwe hasi, agaragara nk’ushimira abafana cyangwa usezera ku kibuga, ibintu byatumye benshi bakeka ko ari umukino we wa nyuma muri Rayon Sports.
Amakuru akomeje kuvugwa ni uko uyu mukinnyi yaba yaramaze kumvikana n’ikipe ya El-Merrikh Bentiu yo muri Sudani y’Epfo, aho ashobora gukomereza umwuga we.

Serumogo atandukanye na Rayon Sports mu gihe iyi kipe iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 24 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda, ikaba isigaje imikino ibiri ibanza izayihuza na Mukura VS na Al Merrikh mbere yo gusoza igice cya mbere cya shampiyona.
