Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Arsenal F.C. nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026, isubiye ku ntebe y’icyubahiro nyuma y’imyaka 22 itwara iki gikombe.
Kagame usanzwe ari umufana ukomeye wa Arsenal, yatanze ubu butumwa abinyujije ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko iyi kipe yemejwe nk’iyatwaye shampiyona, ninyuma yuko Manchester City F.C. na AFC Bournemouth banganyije igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Vitality Stadium ku mugoroba wo ku wa Kabiri.
Iyi ntsinzi yasize Manchester City iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 78, irushwa amanota ane na Arsenal iyoboye urutonde n’amanota 82, habura umukino umwe gusa ngo shampiyona irangire.
Iki gikombe ni icya mbere Arsenal itwaye kuva mu mwaka wa 2003/2004 ubwo yatozwaga n’umufaransa Arsène Wenger, mu ikipe yamamaye cyane yiswe “Invincibles” kubera kurangiza shampiyona idatsinzwe umukino n’umwe.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yagize ati:
“Twishimiye cyane intsinzi ya Arsenal, umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, wegukanye Igikombe cya Premier League nyuma y’umwaka w’imikino wari ukomeye kandi urimo guhatana gukomeye. Ni igikombe bari bakwiriye.”
Kagame amaze imyaka myinshi agaragaza ko akunda Arsenal, aho akunze gutanga ibitekerezo ku mikinire yayo no kuyishyigikira ku mbuga nkoranyambaga.
Mu mwaka wa 2018, u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Arsenal agamije kwamamaza u Rwanda nk’ahantu heza ho gusura no gushoramo imari hifashishijwe umupira w’amaguru. Aya masezerano biteganyijwe ko azarangira muri Kamena uyu mwaka.
Kuva ubwo bufatanye bwatangira, ikirango cya Visit Rwanda cyagiye kigaragara ku myambaro y’abakinnyi ba Arsenal, ku mbuga zitandukanye z’iyi kipe ndetse no muri Stade ya Emirates Stadium, ibintu byafashije u Rwanda kurushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga binyuze ku bakurikira Premier League hirya no hino ku Isi.

