Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les Léopards, yongeye kwandika amateka mashya nyuma yo kubona itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi 2026, isezereye Jamaica izwi nka Reggae Boys mu mukino wa nyuma wa kamarampaka wabaye mu ijoro ryacyeye.
Ni umukino wabereye mu mujyi wa Guadalajara muri Mexique, aho impande zombi zari zihanganye bikomeye zishaka itike y’igikombe gikomeye kurusha ibindi ku Isi.
Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na myugariro Axel Tuanzebe ku munota wa 100 w’inyongera, nyuma y’uko iminota isanzwe yari yarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa. Ni igitego yinjije n’umutwe akoresheje neza koruneli yari itewe neza.
Uyu mukinnyi wigeze gukinira Manchester United yongeye kugaragaza ubunararibonye bwe, ahesha intsinzi igihugu cye mu mukino wari ukomeye cyane kandi wuzuyemo igitutu, ni umukino utarebwe n’ufatwa nk’umufana mukuru wa Congo ariwe Rumba kuko yabuze visa ubwo yarageze mu gihugu cya Kenya.
Iyi ntsinzi ishimangira kugaruka kwa RDC ku ruhando mpuzamahanga, dore ko yaherukaga kugaragara mu Gikombe cy’Isi mu 1974. Ni intambwe ikomeye ku mupira w’amaguru w’iki gihugu, ndetse n’ishimwe rikomeye ku bafana bacyo bari bamaze igihe bategereje iyi ntsinzi.
Nyuma yo kubona itike, Les Léopards yashyizwe mu itsinda K, aho izahuriramo n’ibihugu bikomeye birimo Portugal, Colombia na Uzbekistan, mu mikino itegerejweho guhatana gukomeye.
Uko bigaragara, RDC igiye kwinjira muri iri rushanwa ifite intego yo kwitwara neza no kwerekana ko ishoboye guhangana ku rwego rwo hejuru ku Isi.

