Ibyamamare bikomeye mu mukino w’iteramakofe, Mike Tyson na Floyd Mayweather, biteganyijwe ko bazahurira mu mukino w’imurika (exhibition bout) uzabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mujyi wa Kinshasa, mu kwezi kwa Mata 2026.
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Ring Magazine, uyu mukino uteganyijwe ku wa 25 Mata, ukaba urimo gutegurwa n’abantu batandukanye bafite aho bahuriye n’isi y’iteramakofe.

Umunyamakuru uzwi cyane muri uyu mukino, Mike Coppinger, ni we watangaje aya makuru, avuga ko yayahawe n’abantu bari mu bari gutegura uyu mukino.
Mu cyumweru gishize, Mike Tyson ubwe yari yemeje ko uyu mukino uzaba, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru TMZ, aho yagize ati: “Yego, uzaba koko”, ariko ntiyigeze atangaza igihe n’aho uzabera.
Uyu mukino uzaba ari uw’imurika, bivuze ko utazabarwa mu mikino yemewe y’iteramakofe ry’umwuga, ahubwo ugamije kwidagadura no kwibutsa abakunzi b’uyu mukino amateka yawo.
The Ring Magazine ivuga ko uyu mukino uzategurwa mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 52 ishize habaye umukino w’amateka uzwi nka Rumble in the Jungle.
Uyu mukino wamamaye wahuje Muhammad Ali na George Foreman mu 1974, ukabera i Kinshasa mu gihugu cyitwaga Zaïre (DR Congo ubu), ku butegetsi bwa Perezida Mobutu Sese Seko.
Asubiza kuri aya makuru, Nzanga Mobutu, umwe mu bahungu ba Mobutu, yanditse ku rubuga X (Twitter) ko “yishimiye cyane kumva iyi nkuru ikomeye itangajwe na Mike Coppinger.”
Mike Tyson, ufite imyaka 59, ni umwe mu bateramakofe bakomeye babayeho mu cyiciro cy’abaremereye, ndetse n’ubu nubwo atakiri mu mwuga, aracyitabira imikino y’imurika. Mu 2024, yakinnye na Jake Paul mu mukino warebwe n’abantu barenga miliyoni 100 ku isi hose.
Floyd Mayweather, ufite imyaka 48, we yahagaritse iteramakofe ry’umwuga ataratsindwa na rimwe, akaba azwi nk’umwe mu bateramakofe beza mu mateka, nyuma yo kwegukana amakamba y’isi mu byiciro bitanu bitandukanye.
Uyu mukino utegerejwe na benshi, ufatwa nk’uzongera gusubiza Kinshasa ku ikarita y’isi y’iteramakofe, nyuma y’imyaka myinshi yari ishize itakiriye igikorwa gikomeye nk’iki.
