Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wongeye kwigarurira agace ka Kazinga gaherereye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuhahirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zari zimaze iminsi zarahafashe.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko Kazinga yafashwe ahagana ku gicamunsi, nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’ingabo za FARDC zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo. Iyo mirwano yumvikanyemo imbunda nini n’intoya, ikamara amasaha menshi.
Mu byumweru bibiri bishize, ni bwo ihuriro rya FARDC na Wazalendo ryari ryigaruriye Kazinga n’utundi duce twa Masisi, mu mugambi wo kwisubiza agace ka Rubaya kazwiho kugira amabuye y’agaciro menshi. Icyo gihe byari byafashwe nk’intambwe ikomeye kuri Leta ya Kinshasa.
AFC/M23 bivugwa ko yaturutse mu bice bya Ndete na Gasopo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itangiza ibitero byayihesheje kongera gufata Kazinga.
Kazinga ifatwa nk’agace k’ingenzi mu rwego rwa gisirikare, kuko gafungura inzira igana Buhimba muri Groupement ya Waloa Yungu (Teritwari ya Walikale), ndetse n’inzira yerekeza Gatoyi mu majyepfo ya Masisi.
Kongera kuhigarurira byatumye M23 isigasira ibirindiro byayo biri mu mpandeshatu ihuza Buhimba, Gatoyi na Kazinga, bikayiha amahirwe yo kwagura ibikorwa byayo mu zindi groupement zirimo Waloa Yungu, Waloa Uroba na Waloa Loanda zo muri Walikale.
Ibi bibaye mu gihe uyu mutwe uherutse no kwisubiza uduce twa Luke na Kasenyi, bikomeza kugaragaza ko imirwano ikomeje gufata indi ntera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

