Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yamaze kumenya abo izahangana mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 (CAN 2027), nyuma yo gushyirwa mu Itsinda K hamwe na Mali, Cap-Vert na Liberia.
Kwamamaza aya matsinda byabereye i Cairo mu gihugu cya Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026, mu muhango wateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), aho hatombowe amakipe azakina imikino yo gushaka itike ya ‘Pamoja AFCON 2027’ izabera muri Tanzania, Kenya na Uganda.
Amavubi yari mu gakangara ka gatatu mbere y’itombora, aza kwisanga mu itsinda rifite amakipe akomeye arimo Mali iri mu zihagaze neza muri Afurika, ndetse na Cap-Vert imaze kwitwara neza mu marushanwa aheruka ya CAN. Liberia nayo iri muri iri tsinda, ikaba itoreshwa umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed wigeze gutoza APR FC mu Rwanda.

Adil Erradi kandi ni umwe mu batoza bavuzweho kuba bashoboraga guhabwa gutoza Amavubi nyuma yo gutandukana n’umunya-Algeria Adel Amrouche, gusa ubuyobozi bwa FERWAFA buza guhitamo Umwongereza Stephen Constantine.
Ku rutonde rwa FIFA ruheruka, Mali ni iya 52 ku Isi, Cap-Vert iza ku mwanya wa 69, u Rwanda rukaba urwa 128 mu gihe Liberia iri ku mwanya wa 140. Ibi bigaragaza ko iri tsinda rizaba ririmo ihangana rikomeye hagati y’amakipe yose.
Amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda ni yo azahita abona itike yo gukina Igikombe cya Afurika cya 2027. Gusa ku bihugu bizakira irushanwa birimo Uganda, Kenya na Tanzania, hazafatwa ikipe imwe gusa igihe ibyo bihugu byaba bitarasoje mu myanya ibiri ya mbere mu matsinda yabyo.

Imikino yo gushaka itike izatangira muri Nzeri 2026 irangire muri Mutarama 2027, mu gihe CAN 2027 iteganyijwe gukinwa kuva tariki ya 19 Kamena kugeza ku ya 17 Nyakanga 2027.
