Mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira uwa 27 Mutarama 2026, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yatoye umushinga w’itegeko ugamije kubuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga, hagamijwe kurinda ubuzima bwabo bwo mu mutwe n’imibereho myiza muri rusange.
Uyu mushinga wateguwe n’abadepite bo mu ishyaka Renaissance, uyobowe na Perezida Emmanuel Macron, wanashyigikiwe na Guverinoma y’u Bufaransa. Abawuteguye bavuga ko waje mu rwego rwo gukumira ingaruka mbi imbuga nkoranyambaga zigenda zigira ku bana, ingimbi n’abangavu.
Umudepite Laure Miller, umwe mu bagize uruhare rukomeye mu gutegura uyu mushinga, yavuze ko nubwo imbuga nkoranyambaga zagenewe guhuza abantu no kubaha amakuru, uburyo zikoreshwa ubu zabaye ikibazo gikomeye kuri sosiyete.
Yagize ati: “Izi mbuga zatwijeje ko zizahuza abantu, ahubwo zarabatandukanyije. Zatwijeje kuduha amakuru, ariko zarayatwimye. Zatwijeje kudushimisha, nyamara zishyira abantu mu muhezo.”
Mu Ukuboza 2025, Perezida Emmanuel Macron yari yatangaje ko bidakwiye ko abana bahabwa uburenganzira bwo gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo butagenzuwe, avuga ko hari ababifashisha babangiza mu nyungu zabo bwite.
Mu itorwa ry’uyu mushinga, abadepite 130 bawushyigikiye, mu gihe 21 bawanenze. Ubwiganze bw’abawutoye bwatumye wemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, ubu hakaba hasigaye ko usuzumwa na Sena mbere yo kwemezwa burundu.
Itegeko niriramuka ryemejwe bidasubirwaho, urwego rushinzwe kugenzura itumanaho n’itangazamakuru mu Bufaransa ruzashyiraho urutonde rw’imbuga nkoranyambaga zifatwa nk’izishobora kwangiza abana, maze abari munsi y’imyaka 15 bakazibuzwa kuzikoresha.
U Bufaransa bushobora kuba igihugu cya mbere cy’i Burayi gishyizeho itegeko rigena imyaka ntarengwa y’abemerewe gukoresha imbuga nkoranyambaga, bikaba intambwe ikomeye mu kurengera uburenganzira n’ubuzima bw’abana mu isi y’ikoranabuhanga.

