Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yahagaritse rutahizamu Ndikumana Asman icyumweru kimwe, amushinja kudakurikiza amabwiriza yamuhaye mu mukino wa Super Coupe, Rayon Sports yatsinzwemo na APR FC ibitego 4-1 ku wa 10 Mutarama 2026.
Nubwo Asman yatsinze igitego rukumbi cya Gikundiro, Bruno Ferry ntiyanyuzwe n’imikinire ye, kuko yasabwe gukina anyuze ku mpande ariko akigira imbere y’izamu.
Uyu mutoza kandi agiye gusubira mu Bufaransa kwita ku mubyeyi we urwaye, asize ikipe iyobowe n’umwungiriza we Lomami Marcel.
Rayon Sports kuri ubu iri ku mwanya wa 9 n’amanota 24 nyuma y’imikino 14 ya Shampiyona.

